Ibisigo by’ikobyo ( Ikungu )

From Wikirwanda
Jump to: navigation, search
SEKARAMA KA MPUMBA,UMUSIZI W'IKIRANGIRIRE(1853-1936)
Ibisigo by’ikobyo ni ibisigo bigiye umujyo umwe.Bigira interuro ,bikagira n’umusayuko kimwe n’ibindi bisigo ,ariko byo ntibigira ibika bitandukanye.Na none ariko aho bihurira n’ibindi nuko bifite indezi,ariryo jambo rigenda risingiza ubwirwa.Dore urugero rumwe rw’igisigo cy’ikobyo.

None Imana itumije abeshi

None Imana itumije abeshi

Twitabe Abami b’I Tambanguge

Ngo dukorane twese abanyanganzo

Ngo twitabe Nyabatende

5. Ingoma ya Mutara

Dutarame ineza kwa Gahindiro imbere

Ndabukire umwami wimye Rugina

Mwebwe Bagina ba Mugina na Mugeranduga

Ngo adasuzugurwa no hanyuma

10. Uwanze gucibwa inka arabyara

Tugaca ibyaro imigisha

Yakabyawe n’umukwiye

Nyina akaba Umukono wavutse zakunze

Tukamukurira inyovi

15. Ndabukire iyi Mana yunamuye u Rwanda

Rwabizangoma rwa Ngozi ya Karume

Inka zagashe kuvumera

Ngo zitararana I Kankobe

Kamina ka Nyiramikore

20. Yikoze gutabara

Buriya ntibwari ubutoni gusa

Kwa Bughingo na Nyirabuhanzi

Nawe yabonywe kre na Bwimba

Havutse n’Intwari

25. Ya Ntabara ya Cyamatare

Uwaduturuye Rubanda

Mugabo mwiza udushingiye umugani

Ungana uwa Gisare

Cyadusigana amapfa kabiri

30. Umunsi wima uraruramira

U Rwanda rwa Rwangoruke

Uraduhumurije Rubanda

Noneho udukuye mu iziga

Muzigirwa na Nyiramuzima wa Mutima

35. Reka nkuvuge

Warimye umaze rubanda agahinda

Usa na ba so abaguhweje

Muyange na Nkandanshya

Warimye umaze rubanda agahinda

40. None ubu watugomye

Mugombwa na Mugaba ntaka

Aradukumbura atuma Mwangakuyoberwa

Ikirozi kiradutse ku Mukundansumba

Karame,Bugiro bwa Rugaba

45. Nkwitabanye n’izanjye nshuke

Kabone n’aho nasaza

Uragasagamba ubugeri

Ubugingo bwaza nkigaba iyo nahatswe

Mba ngiye nta mwikoro

50. Ukazakamira aba

Nkubwiye uko bizamera

Ngo nticarana igihemu

Nkakwanga ndagahumanya iyi ngoma

Wakwima ngo ngende uyu mwanya

55. Mba ngiye anyise umwanzi

Bugabo bwa Kanyurangeri

Sinagusiga mu rwangano

Rungana inzovu

Uhawe Nzobikeye

60. Nzaguhiganira inzigo

Nibareke iyo bizika

Ubwo wenze ingoma

Nta gukira kwabo

Nje kukurakaza ishema

65 . Ko yaganije imvura

Ruvugangoma rwa Mikore

Ko ikubye ikanyagira

Abanyakantu mu mubiri

Bikwiza he abatase

70. Ko itambagije amarebe

Igatongana ku Mugongo ruguru

Ko mbonye ijuru rirakaye bagakubana

Nkomati azabamaza inkoni

Ngo hariho n’abandi

75. Basangiye amahomvu

Mahe ya Ntarwango aza kubahonda

Iki gisigo cyasizwe na MUTSINZI k'ubwimo bwa Rwabugili .Iyo umuntu agisesenguye neza asanga muri cyo hariho amakimbirane.Ibyo biragaragara neza ibyerekeye ayo makimbirane yasoma uko Kagame yabisobanuye .Reba muri “Un abrege de l’Ethino –Histoire du Rwanda Tome 1 p.208-214”,no mu gitabo cya kabiri kuva ku rupapuro rwa 13 kugeza ku rwa 25.Umuntu yabisanga na none mu “Isoko y’Amajyambere 2 “ urupapuro rwa88-101

Muri iki gisigo indezi igenda yigaragaza neza .Dusome twitonze iyi mikarago :16,19,34,44,56,65,na 75.Muri iyi mikarago yose turabona neza ko Umusizi agenda asingiza Rwabugili ,nyiri uguturwa iki Gisigo.


Hifashishijwe

Byakuwe mu gitabo cy’amahugurwa y’abarimu b’I Kinyarwanda, Ugushyingo 1982