Imirimo yakorerwaga i Bwami

From Wikirwanda
Jump to: navigation, search

I Bwami hakorerwaga imirimo itandukanye. Mbere na mbere habaga hari umunyabintu (cyangwa igisonga cy’Umwami). Habaga kandi abandi banyamihango, ari bo barebwaga n’imirimo y’ururembo yabaga ari myimshi, ariko iy’ingenzi yajyanaga n’ubwiru, ubutegetsi, imanza, atabaro, imibanire y’abagaragu nab a shebuja, ndetse hakaziramo n’ubucurabwenge. Dore iy’ingenzi muri iyo mirimo, urugero rw’ingoma ya Rwabugili: Abiru: bari baremye inteko y’I Bwami. Ni bo gusa bakamenyaga amabanga y’I Bwami, nk’ibijyanye n’Umwami uzazungura ingoma, n’ibindi. Ni bo kandi bashyiragaho amategeko

Abacurabwenge: bari abanyantekerezo n’amateka y’I Bwami

Abasizi: bahimbaga ibisigo bisingiza ingoma

Abatware b’intebe: batwaraga intara z’igihugu

Abagaragu b’Umwami: bamushagaraga mu irambagira ry’igihugu, bakagenda hamwe n’itara rya rubanda ari ryo Mwami

Abagendanyi: basasaga ibirago n’ibyahi mu ngando z’Umwami

Abagaba b’ingando: bagengaga imitwe y’ingerero bakagaba n’ibitero Abanyamuheto: bacaga isaso

Intore: zahamirizaga mu matorero zigatorwamo n’ingabo z’ingerero

Intasi: zagenzuraga imiterere y’ibyaro n’iyi’ibitero by’ayo mahanga

Abavubyi: bavubaga imvura

Intarindwa: bari abahetsi b’abamikazi

Intumwa: zoherezwaga mu butumwa bw’uburyo bunyuranye

Izimukwiye: bari ababyinnyi b’Umwami

Imparamba: zateraga amasuka baterekereye kwa Nyirakigeli

Abatora: bubakaga inzu z’ingando z’Umwami

Abakannyi: bararaga izamu

Abadaraza: babohaga ibisenge by’ingoro y’Umwami

Abanyakambere: bamenyaga iby’amata n’amayoga

Abarigisi: bamenyaga ibyo muri Kagondo

Abanyabyuma: bamenyaga amagaza y’i Bwami, bagacurisha n’izindi ntwaro

Abanyabigagara: babuganizaga amata mu bisabo, bagacunda, bakavuruga Ba nyirumugezi: basukuraga amariba y’i Bwami

Abadogoro: bari abakecuru bakuburaga ku karubanda, bagahabwa amacunda

Urubindamahwa: bari abakobwa b’inshizi z’isoni bakarema urukatsa

Abajarajazi: bamenyaga umuriro w’urubumbiro bakawuhembera

Abanyamuheno: bari abashumba b’inguge y’i Bwami yakoreshwaga mu mihango yo kwimika Umwami mushya

Abanyamuganura: baganuzaga Umwami

Abahoryo: bavumaga ibyonnyi

Abahennyi: bavumaga ababisha

Abanyamasubyo: bahamuraga imiti y’amahumane

Abahaditsi: bavuraga inka

Abaziritsi: bavuzaga ingoma z’i Bwami bakuranwa ku gihe

Uwazirikishaga: yari umutware w’abiru b’abaziritsi

Uwakiraga imirishyo: ku ngoma ya Musinga yari Rwiyama rwa Senyamisange akayakirira ku Nteko y’ishimiro ry’imirishyo i Gaseke kwa Cyilima Nguko rero uko iby’i Bwami byagendaga kuri gahunda nk’iyo mu muzinga w’inzuki.

Hifashishijwe

  • Ibyo ku ngoma z’abami b’u Rwanda unyuze ku muzi w’abasuka, Nyirishema Célestin, 2008